Rutsiro: Abaturage 1000 smartphones. Ni bo bahereweho muri Connect Rwanda

  News

Abaturage bo mu ngo 1000 zo mu karere ka Rutsiro zahereweho mu guhabwa Telephone zigezweho (Smart Phones) muri gahunda yiswe Connect Rwanda, babanje guhabwa inyigisho n’amahugurwa y’uburyo bazajya bakoresha izi telephone zizabafasha kubona serivisi mu buryo bworoshye.

Aba baturage babanje kwibaruza kuri telephone na Sim Cards bagiye guhabwa, banahabwa amahugurwa y’uburyo bwo gukoresha izi telephone zigezweho kuko bamwe muri bo ari ubwa mbere bagiye kuzitunda.

Ubukangurambaga bwo gushaka Smart Phone zo guha buri rugo rutayifite, bwumvikanye cyane ubwo Perezida Paul yabutangizaga akitangaga Smart Phones 1 500 asaba n’abandi kuyoboka iki gikorwa ariko ababwira ko “Ntagahato kabirimo…bizakorwa n’ubishoboye hamwe no kubishaka.”

Kuva icyo gihe abantu ku giti cyabo n’ibigo byaba ibya Leta n’iby’abikorera bakomeje kwitanga.

Igikorwa cyo guha abaturage izi Smart Phones zikomeje gutangwa, kije mu gihe ejo hashize hatangijwe uburyo bushya bw’Ikoranabuhanga bwa Irembo 2.O buzatuma serivisi zisanzwe zitangwa kuri ubu buryo bw’ikoranabuhanga, abantu bazajya bazihabwa 100% batarinze kuva aho bari.

Nk’ibyangombwa bisanzwe bitangwa hifashishijwe ririya koranabuhanga, umuntu azajya abona icyo asabye mu buryo bw’ikoranabuhanga mu gihe byasabaga kucyaka hakoresheijwe ikoranabuhanga ariko kugihabwa bigasaba ko umuntu ajya ku biro by’urwego rufite ububasha bwo gutanga icyo cyangombwa.

Abahawe izi Smart Phones basabwe kuzifashisha biteza imbere

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Musoni Paula Ingabire yabwiye abaturage bahawe izi telephone ko atari umurimbo ahubwo ko bakwiye kuzikoresha mu guhahana amakuru yabateza imbere nko mu Buhinzi no mu bworozi.

Muri kariya gace gakunze gucukurwamo amabuye y’agaciro, Min. Paula yasabye bariya baturage kujya bakoresha ziriya smart phones bagaragaza abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko.

Yagize ati “Turabasa ko izi Telefone muhawe muzibyaza umusaruro mufashe Inzego z’ibanze  kuzigaragariza ahantu hacukurwa amabuye y’agaciro hagamijwe kwirinda impanuka.”

Avuga ko umubare w’abahawe Telefone ugiye kuzamura umubare w’abaturage bakoresha ikoranabuhanga.

Ingabire yemereye aba baturage ko hagiye kongera n’umubare w’iminara muri aka Karere kugira ngo itumanaho rirusheho kugenda neza.

Sebitoki Jean Damascéne wo mu Murenge wa Manihira avuga ko usibye guhamagara no kwitaba, azajya  yifashisha atumiza ifumbire kugira ngo byoroshye Ubuhinzi.

Ati «Ndashimira Perezida wa Repubulika watugejejeho ikoranabuhanga cyane abatuye mu cyaro ndamwizeza ko ngomba kuribyaza umusaruro mu guteza imbere ubuhinzi bw’umwuga.»

Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Munyantwali Alphonse avuga ko iki gikorwa cyo guha abaturage batishoboye Telefone zigezweho, kiyongera ku zindi gahunda bagejejweho n’umukuru w’Igihugu nka gahunda ya Girinka, Umutekano no kubegereza ibikorwaremezo birimo imihanda, amashuri n’amavuriro.

Nyuma y’Akarere ka Ritsiro, Akarere ka Ngororero n’aka Burera ni two dutahiwe mu guha abaturage Smartphone.

Umuseke

Topics


We are hiring Financial Services Strategy specialist

  1. Background

In line with the Government of Rwanda’s broader vision to increase electronic payment transactions to 80% (NST1) and to use payment…

Read more →

Innovate Rwanda call for proposal


The Government of Rwanda through RISA has launched a Performance-Based Grant Programme for the Entrepreneurial Support Organization (ESO) consisting…

Read more →

INVESTMENT CRITERIA FOR THE RWANDA INNOVATION FUND MANAGED BY ANGAZA CAPITAL

Introduction

The Rwanda Innovation Fund is a venture capital fund that aims to invest in tech-enabled startups in
Rwanda and the rest of Africa. The…

Read more →

GS Gaseke in Gicumbi District becomes the first school in Rwanda to be connected to high-speed internet through Starlink.

On Wednesday 23rd March 2023, The Minister of ICT and Innovation Paula Ingabire accompanied by the Minister of State in charge of Primary and…

Read more →

Maranyundo GS will represent Rwanda at the International First Lego League opening which will take place in May 2023, in Morocco.

Kigali, Saturday 4th March 2023, the first-ever edition of FIRST LEGO League (FLL) in Rwanda has successfully concluded, with over 350 students…

Read more →

VAT EXEMPTION, THE 2023 NEW LIST OF ICT EQUIPMENT EXEMPTED FROM VAT.

Dear stakeholders, as modified and completed by article 2 of the Law n° 40/2016 of 15/10/2016 modifying and complementing Law n° 37/2012 of 9/11/2012…

Read more →

A HEALTH START-UP WINS SECOND EDITION OF HANGA PITCHFEST ON 10 DECEMBER 2022.

The Government of Rwanda, through the Ministry of ICT and Innovation and Rwanda Development Board (RDB), together with UNDP Rwanda, organized Hanga…

Read more →

Hanga Pitchfest, the largest in-person technology event in Rwanda, is coming back for its second edition.

Hanga Pitchfest is back for its second edition. The competition that attracted over 400 applications in 2021 is accepting applications from qualifying…

Read more →

Rwanda Launches Campaign to Boost E-Waste Collection and Recycling

The Ministry of ICT and Innovation, the Ministry of Environment, and the Rwanda Utilities Regulatory Authority (RURA), together with partners and…

Read more →
-->