MINICT yashyikirije telefoni zigezweho 100 abafite ubumuga muri gahunda ya Connect Rwanda

Mu rwego rwo kwifatanya n'Inama y'Igihugu y'Abantu bafite ubumuga (NCPD) mu cyumweru cyahariwe ibikorwa by'abafite ubumuga, Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Ibishya (MINICT) yashyirikirije abafite ubumuga telefoni zigezweho (smart phones) ijana (100).

Iki gikorwa cyuzuzanya n’ubukangurambaga bwa Connect Rwanda buyobowe na MINICT ifatanyinyije na Sosiyeti y’Itumanaho ya MTN Rwanda. Mu kugena abakwiye guhabwa izi telefoni, MINICT yafatikanyije na (NCPD).

Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Ugushyingo 2020, iki gikorwa kirabera mu Karere ka Gisagara ahari butangirwe telefoni mirongo itanu (50) na ho izindi mirongo itanu (50) zikazatangwa ku wa Gatanu tariki ya 27 Ugushyingo 2020, mu Karere ka Gicumbi.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Ibishya; Madamu Paula Ingabire avuga ko ubwo Isi yo muri rusange yizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga, Minisiteri yifuje kubagenera telefoni zigezweho.

“Kuri ubu serivisi zitandukanye zikenerwa buri munsi zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga, telefoni zigezweho zabaye igikoresho cy’ingenzi kuri buri wese; ntawe ugomba guhezwa. Nka Minisiteri y’ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Ibishya twifuje gutanga umusanzu wacu, tugenera abafite ubumuga telefoni zigezweho, bityo na bo babashe kwiteza imbere.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Inama y'Igihugu y'Abantu bafite ubumuga; Bwana Ndayisaba Emmanuel, ashima MINICT n’abafatanyabikorwa ku musanzu wabo mu gushyigikira abafite ubumuga, by’umwihariko muri iki gihe hitegurwa kwizihiza umunsi mpuzamahanga y’abantu bafite ubumuga

“Turashimira MINICT yatuzirikanye; izi telefoni zizafasha abazihawe kwinjira mu iterambere. Ikoranabuhanga rifite akamaro kanini cyane mu buzima bwa buri munsi. Bizorohera abazihawe kumenya ndetse no gutanga amakuru. Abafite ubumuga iyo bakuriweho imbogamizi, baba bafite ubushobozi bwo gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’Igihugu nk’abandi bantu bose.”

Umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga uzizihizwa ku itariki ya 03 Ukuboza 2020, wabanjirijwe n’icyumweru cyahariwe ibikorwa by’abafite ubumuga, ukaba ufite insanganyamatsiko igira iti “Duteze imbere serivisi z’ubuvuzi no guhangana n’ibyorezo ku bantu bafite ubumuga.”

Connect Rwanda ni ubukangurambaga bwatangijwe na Minisiteri y’Ikoranabuhanga no Guhanga Ibishya (MINICT) na sosiyete y’itumanaho (MTN Rwanda) bugamije gushishikariza buri wese ubyifuza gutanga umusanzu we kugira ngo ingo zidafite telefoni zigezweho (smartphones) zizihabwe.

Topics


We are hiring Financial Services Strategy specialist

  1. Background

In line with the Government of Rwanda’s broader vision to increase electronic payment transactions to 80% (NST1) and to use payment…

Read more →

Innovate Rwanda call for proposal


The Government of Rwanda through RISA has launched a Performance-Based Grant Programme for the Entrepreneurial Support Organization (ESO) consisting…

Read more →

INVESTMENT CRITERIA FOR THE RWANDA INNOVATION FUND MANAGED BY ANGAZA CAPITAL

Introduction

The Rwanda Innovation Fund is a venture capital fund that aims to invest in tech-enabled startups in
Rwanda and the rest of Africa. The…

Read more →

GS Gaseke in Gicumbi District becomes the first school in Rwanda to be connected to high-speed internet through Starlink.

On Wednesday 23rd March 2023, The Minister of ICT and Innovation Paula Ingabire accompanied by the Minister of State in charge of Primary and…

Read more →

Maranyundo GS will represent Rwanda at the International First Lego League opening which will take place in May 2023, in Morocco.

Kigali, Saturday 4th March 2023, the first-ever edition of FIRST LEGO League (FLL) in Rwanda has successfully concluded, with over 350 students…

Read more →

VAT EXEMPTION, THE 2023 NEW LIST OF ICT EQUIPMENT EXEMPTED FROM VAT.

Dear stakeholders, as modified and completed by article 2 of the Law n° 40/2016 of 15/10/2016 modifying and complementing Law n° 37/2012 of 9/11/2012…

Read more →

A HEALTH START-UP WINS SECOND EDITION OF HANGA PITCHFEST ON 10 DECEMBER 2022.

The Government of Rwanda, through the Ministry of ICT and Innovation and Rwanda Development Board (RDB), together with UNDP Rwanda, organized Hanga…

Read more →

Hanga Pitchfest, the largest in-person technology event in Rwanda, is coming back for its second edition.

Hanga Pitchfest is back for its second edition. The competition that attracted over 400 applications in 2021 is accepting applications from qualifying…

Read more →

Rwanda Launches Campaign to Boost E-Waste Collection and Recycling

The Ministry of ICT and Innovation, the Ministry of Environment, and the Rwanda Utilities Regulatory Authority (RURA), together with partners and…

Read more →
-->