Gutangiza ku mugaragaro urubuga rwa Get Safe Online mu Kinyarwanda

  News

Nk’imwe muri gahunda y’u Bwongereza yo kurwanya ibyaha bikorewe ku ikoranabuhanga, Umuryango Get Safe Online wahawe n’Ibiro bya Leta y’u Bwongereza bishinzwe ububanyi n’amahanga, “Commonwealth” n’Iterambere, inshingano zo gushishikariza no kumenyesha mu buryo bunoze abanyamuryango b’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza n’u Rwanda rurimo, akamaro ko kugira umutekano mu gihe bakoresha ikoranabuhanga. U Rwanda rukaba rwarinjiye mu Muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza mu Ugushyingo 2009, ruhinduka rutyo umunyamuryango wa 54 wa Commonwealth.

Ubukangurambaga bwa Get Safe Online bwatangijwe mu Rwanda tariki 20 Nyakanga 2020, bukaba bukorerwa ku mbuga zikoresha internet cyangwa ahandi kuva mu mezi atanu ashize. Ubu bukangurambaga bwaje mu Rwanda mu gihe cy’icyorezo cya koronavirusi (COVID-19) ndetse na gahunda ya guma mu rugo, aho abantu bose ku isi bifashishaga ikoranabuhanga rya internet cyane kurusha mbere.

Mu gukora ubu bukangurambaga mu Rwanda, Get Safe Online yakoranye na Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Ibishya ndetse nIkigo cy'Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n'Isakazabumenyi (RISA) n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano w’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho (NCSA). Get Safe Online Rwanda yakoranye kandi na gahunda zitandukanye zita ku rubyiruko nk’itangazamakuru, Umuryango Girls in ICT ndetse na Kigali Global Shapers, mu gusakaza ubutumwa bujyanye n’akamaro k’umutekano mu gihe umuntu akoresha ikoranabuhanga.

Ku wa Kabiri tariki ya 8 Ukuboza 2020 saa yine zuzuye za mu gitondo (10H00), Get Safe Online Rwanda izatangiza ku mugaragaro urubuga rwayo rwashyizwe mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ruriho amakuru arambuye ajyanye no gushishikariza abantu akamaro k’umutekano wabo mu gihe bakoresha ikoranabuhanga. Itangizwa ry’uru rubuga ni umwihariko udasanzwe mu bihugu byose 22 bibarizwa mu Muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza Get Safe Online ikoreramo.

Nk’uko byemezwa na Bwana Yves Iradukunda, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Ibishya, “Gahunda ya Get Safe Online ije yiyongera ku zindi gahunda zisanzweho zigamije guteza imbere umutekano w’abantu igihe bakoresha ikoranabuhanga. Hashingiwe ku bushake n’imbaraga Guverinoma ikomeje gushyira mu gufasha abantu kubona serivisi bakeneye hifashishijwe ikoranabuhanga, kumenyesha abantu ibijyanye n’umutekano wabo igihe barikoresha ni ingenzi.”

Jenny Thornton, Umuyobozi ushinzwe Imibanire Mpuzamahanga muri Get Safe Online yagize ati: “Intego y’iyi gahunda ni ukumenyekanisha ibyago bishobora kwibasira abantu bakoresha ikoranabuhanga kugira ngo babashe kubyirinda. Muri ibi byago harimo kwibwa amakuru y’ingenzi kandi akomeye akwerekeye, kwibwa umwirondoro ugakoreshwa mu bikorwa bidakwiriye kandi binyuranyije n’amategeko, kwamburwa uburenganzira bwo kwinjira muri mudasobwa yawe hagamijwe kuguca amafaranga mu buryo bw’amaherere, kwifashisha porogaramu za mudasobwa hagamijwe kukwinjirira muri mudasobwa, guterwa na virusi ndetse n’ibindi. Gushyiraho urubuga ruri mu Kinyarwanda rugerwaho na buri wese kandi rutanga amakuru arambuye kandi yumvikana ni intambwe ikomeye ishimangira imbaraga z’ubukangurambaga bwa Get Safe Online mu Rwanda ndetse n’ubushake bwo kugera mu Banyarwanda benshi bishoboka. Dushimiye cyane Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Ibishya ndetse nIkigo cy'Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n'Isakazabumenyi, ku bw’uruhare rwabo muri uru rugendo.”

Ubukangurambaga bwa Get Safe Online mu Rwanda bugamije kumenyesha abantu akamaro ko kugira umutekano mu gihe bakoresha ikoranabuhanga, kandi bukubiyemo n’ibi bikurikira muri rusange:

  1. Urubuga rworoheye buri wese kugeraho (www.getsafeonline.org.rw) ruri mu Cyongereza n’Ikinyarwanda, ruriho amakuru ku mutekano wa buri wese mu gihe akoresha ikoranabuhanga.
  2. Gahunda z’ubukangurambaga zitandukanye zizakorerwa mu gihugu, zigamije kugaragaza ibyago bishobora kwibasira umuntu mu gihe akoresha ikoranabuhanga.
  3. Gahunda zo kongerera ubushobozi abantu banyuranye ku mutekano mu gihe hakoreshwa ikoranabuhanga, binyuze mu gufasha abantu banyuranye gutanga amahugurwa mu bigo byabo no mu baturage hifashishijwe inama, gahunda z’ubufashamyumvire ndetse n’inama zitangwa n’impuguke za Get Safe Online ndetse n’abafatanyabikorwa bo mu Rwanda.

Get Safe Online ni umuryango udaharanira inyungu ukorera mu Bwongereza kuva muri 2005, ukaba utanga serivisi z’ubukangurambaga zo ku rwego rwo hejuru kandi z’ubuntu, zishishikariza abantu kwirinda ibyago byose mu gihe bakoresha ikoranabuhanga. Get Safe Online ikorana n’Ibiro bya Leta y’u Bwongereza bishinzwe ububanyi n’amahanga, Commonwealth n’Iterambere, inzego zishinzwe umutekano, inzego z’ubugenzuzi, inzego z’abikorera zikora ibijyanye n’ikoranabuhanga, itumanaho, ubucuruzi n’icungamari. Uyu muryango ufitiwe icyizere gikomeye mu basanzwe bakora mu nzego z’umutekano w’ikoranabuhanga ndetse na rubanda muri rusange.

Topics


We are hiring Financial Services Strategy specialist

  1. Background

In line with the Government of Rwanda’s broader vision to increase electronic payment transactions to 80% (NST1) and to use payment…

Read more →

Innovate Rwanda call for proposal


The Government of Rwanda through RISA has launched a Performance-Based Grant Programme for the Entrepreneurial Support Organization (ESO) consisting…

Read more →

INVESTMENT CRITERIA FOR THE RWANDA INNOVATION FUND MANAGED BY ANGAZA CAPITAL

Introduction

The Rwanda Innovation Fund is a venture capital fund that aims to invest in tech-enabled startups in
Rwanda and the rest of Africa. The…

Read more →

GS Gaseke in Gicumbi District becomes the first school in Rwanda to be connected to high-speed internet through Starlink.

On Wednesday 23rd March 2023, The Minister of ICT and Innovation Paula Ingabire accompanied by the Minister of State in charge of Primary and…

Read more →

Maranyundo GS will represent Rwanda at the International First Lego League opening which will take place in May 2023, in Morocco.

Kigali, Saturday 4th March 2023, the first-ever edition of FIRST LEGO League (FLL) in Rwanda has successfully concluded, with over 350 students…

Read more →

VAT EXEMPTION, THE 2023 NEW LIST OF ICT EQUIPMENT EXEMPTED FROM VAT.

Dear stakeholders, as modified and completed by article 2 of the Law n° 40/2016 of 15/10/2016 modifying and complementing Law n° 37/2012 of 9/11/2012…

Read more →

A HEALTH START-UP WINS SECOND EDITION OF HANGA PITCHFEST ON 10 DECEMBER 2022.

The Government of Rwanda, through the Ministry of ICT and Innovation and Rwanda Development Board (RDB), together with UNDP Rwanda, organized Hanga…

Read more →

Hanga Pitchfest, the largest in-person technology event in Rwanda, is coming back for its second edition.

Hanga Pitchfest is back for its second edition. The competition that attracted over 400 applications in 2021 is accepting applications from qualifying…

Read more →

Rwanda Launches Campaign to Boost E-Waste Collection and Recycling

The Ministry of ICT and Innovation, the Ministry of Environment, and the Rwanda Utilities Regulatory Authority (RURA), together with partners and…

Read more →
-->