Abagore ibihumbi 3 bakora umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi bahawe telefone binyuze muri gahunda ya #Connect Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki 30 Werurwe 2021, habaye igikorwa cyo gushyikiriza telefone zigezweho abagore bakora umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi mu turere dutandukanye mu turere twa Nyamagabe, Burera, Kirehe na Nyamasheke. Abagore bashyikirijwe telefoni ni abafashamyumvire bibumbiye mu makoperative y’ubuhinzi mu gihugu aho bashyikirijwe telefoni zigezweho (smart phone) binyuze mu bukangurambaga bwa #ConnectRwanda.

Aba bagore batoranyijwe hashingiwe ku ruhare bagira mu gukangurira abahinzi kwifashisha uburyo bugezweho bwo guteza imbere ubuhinzi. Imibare itangwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko umufashamyumvire mu buhinzi umwe afasha abahinzi 4,000. Izi telefoni zigezweho zizaborohereza kubona amakuru yerekeye ubuhinzi no kuyageza ku bahinzi bagenzi babo. Muri ayo makuru harimo ay’iteganyagihe, ayerekeye amasoko y’umusaruro wabo n’ay’uburyo bugezweho mu kunoza ubuhinzi.

Mu ijambo rye kuri iki gikorwa, Nyakubahwa Paula Ingabire; Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Ibishya yagize ati: “Ubuhinzi n’ubworozi n’inkingi ya mwamba ku bukungu bw’igihugu cyacu. Kwifashisha ikoronabuhanga mu buhinzi n’ubworozi byongera umusaruro, bikongera agaciro, n’amasoko; bityo bigafasha kuzamura ubukungu bw’igihugu. Abagore bari hejuru ya 60% w’abakora ubuhinzi n’ubworozi, bityo kubaha telefoni ngendanwa zigezweho (smartphones) biduha icyizere ko umusaruro batangaga ugiye kwiyongera. Turashimira abafatanyabikorwa muri rusange dukomeje gufatanya muri iyi gahunda”.

Minisitiri w’Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Prof. BAYISENGE yagize ati: Tunejejwe n’ubu bufatanye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na MTN bwatumye abafashamyumvire b’abagore bahabwa telefone zigezweho. Iki gikorwa kizabafasha kuguma kurehembe mw’ iterambere ry’ubuhinzi no mu imibereho myiza y’imiryango yabo.

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Gerardine Mukeshimana yagize ati ““Abagore b’abafashamyumvire mu buhinzi n’ubworozi bakenera kenshi kumenya amakuru ndetse no kuyageza ku bandi kugira ngo ibikorwa bigende neza. Izi telefoni zigezweho zizaborohereza kubona amakuru akenewe ndetse no kuyageza ku bandi ku buryo bworoshye kandi vuba. Ibi bizafasha guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi”.

Nyakubahwa Jean Marie Vianney Gatabazi; Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu: “Turashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ku kuba ahora azirikana ko nta munyarwanda ukwiriye gusigara inyuma mu iterambere. Telefoni muhawe, zibazaniye ikoranabuhanga muzazibyaze umusaruro mugamije kwigira byo nkingi y’iterambere rirambye.”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, “Twishimiye gukomeza gahunda ya Connect Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Ikoranabuhanga no guhanga udushya, ubu turi kwibanda cyane ku bagore b’abahinzi-borozi tugamije kubongerera ubushobozi mu bucuruzi bakora, nk’uko intego yacu ari ugusakaza ikoranabuhanga mu Rwanda. Mu gusoza ukwezi kwahariwe kwizihiza umugore, dukomeje kuzirikana uruhare rw’umugore mu iterambere kandi twizeye ko uyu musanzu ushyirwa mu kugeza telefone zigezweho na internet kuri benshi bizatanga umusaruro mu iterambere.”

Ubukangurambaga bwa #ConnectRwanda bwatangijwe na MTN Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Ibishya mu Ukuboza 2019 hagamijwe kugenera abaturarwanda telefoni ngendanwa zigezweho mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga. Ubu bukangurambaga bukorwa mu buryo ibigo byigenga, inzego za Leta n’abantu ku giti cyabo bitanga kugira ngo intego yo kugeza iri koranabuhanga ku banyarwanda bose. 

Topics


We are hiring Financial Services Strategy specialist

  1. Background

In line with the Government of Rwanda’s broader vision to increase electronic payment transactions to 80% (NST1) and to use payment…

Read more →

Innovate Rwanda call for proposal


The Government of Rwanda through RISA has launched a Performance-Based Grant Programme for the Entrepreneurial Support Organization (ESO) consisting…

Read more →

INVESTMENT CRITERIA FOR THE RWANDA INNOVATION FUND MANAGED BY ANGAZA CAPITAL

Introduction

The Rwanda Innovation Fund is a venture capital fund that aims to invest in tech-enabled startups in
Rwanda and the rest of Africa. The…

Read more →

GS Gaseke in Gicumbi District becomes the first school in Rwanda to be connected to high-speed internet through Starlink.

On Wednesday 23rd March 2023, The Minister of ICT and Innovation Paula Ingabire accompanied by the Minister of State in charge of Primary and…

Read more →

Maranyundo GS will represent Rwanda at the International First Lego League opening which will take place in May 2023, in Morocco.

Kigali, Saturday 4th March 2023, the first-ever edition of FIRST LEGO League (FLL) in Rwanda has successfully concluded, with over 350 students…

Read more →

VAT EXEMPTION, THE 2023 NEW LIST OF ICT EQUIPMENT EXEMPTED FROM VAT.

Dear stakeholders, as modified and completed by article 2 of the Law n° 40/2016 of 15/10/2016 modifying and complementing Law n° 37/2012 of 9/11/2012…

Read more →

A HEALTH START-UP WINS SECOND EDITION OF HANGA PITCHFEST ON 10 DECEMBER 2022.

The Government of Rwanda, through the Ministry of ICT and Innovation and Rwanda Development Board (RDB), together with UNDP Rwanda, organized Hanga…

Read more →

Hanga Pitchfest, the largest in-person technology event in Rwanda, is coming back for its second edition.

Hanga Pitchfest is back for its second edition. The competition that attracted over 400 applications in 2021 is accepting applications from qualifying…

Read more →

Rwanda Launches Campaign to Boost E-Waste Collection and Recycling

The Ministry of ICT and Innovation, the Ministry of Environment, and the Rwanda Utilities Regulatory Authority (RURA), together with partners and…

Read more →
-->